Impinduka nshya mu burezi: Inama yayobowe na Minisitiri W’uburezi yasize hafashwe imyanzuro 15 ikomeye

Ku wa 13 Nyakanga 2025, Minisitiri w’Uburezi yayoboye inama nyunguranabitekerezo yabereye muri Nobleza Hotel, ikaba yarashingiwe ku kongerera ireme n’imikorere myiza uburezi, by’umwihariko mu mashuri abanza n’ayisumbuye. Dore ingingo 15 z’ingenzi zafatiwemo imyanzuro:

  1. Umubare w’amasaha y’amasaha: Abana bo mu mwaka wa mbere w’amashuri abanza (lower primary) bagomba kwiga amasaha 25 mu cyumweru, hakurikijwe urwego rwabo.
  2. Umubare w’abana mu ishuri: Icyumba ntikigomba kurenza abana 50. Aho bibaye ngombwa, hazakoreshwa double shift (abakiga mu gitondo n’abakiga nyuma ya saa sita).
  3. Imicungire y’abarimu: Muri lower primary, umwarimu umwe azajya yigisha amasomo yose mu gitondo, undi nyuma ya saa sita. Uwakoze mu gitondo azajya yifashisha andi masaha y’umugoroba mu kwitegura no kwihugura.
  4. Abarimu b’inzobere: Hazajya hakoreshwa abarimu bize by’umwihariko kwigisha abana bato muri lower primary.
  1. Single vs Double Shift: Ibigoye gukomeza single shift kubera ubwinshi bw’abana bizajya bikoresha double shift, naho abatarengeje abana 50 bazakomeza nk’uko byari bisanzwe.
  2. Isomo rya Social & Religious Studies: Rizahindurirwa izina rikaba Social and Religious Education, kandi rizajya rihatangirwa gutyo: icyumweru kimwe hibandwe kuri social, ikindi kuri religious education.
  3. O Level: Nta mpinduka ziteganyijwe muri uru rwego.
  4. Upper Secondary (S4-S6): Guhera umwaka w’amashuri utaha, abanyeshuri ba S4 bazatangira kwiga pathways nshya.
  5. Umubare wa Pathways: Buri kigo cy’ishuri kigomba kugira nibura pathways ebyiri zituma abanyeshuri babona amahitamo atandukanye y’ibyo biga.
  6. Abarimu bashya: Hazashakwa abarimu bashya bafite ubumenyi bwihariye ku masomo mashya ya pathways.
  7. Ibitabo bishya: Ibitabo bishya by’amasomo ya lower primary bizagera mu mashuri muri Kanama 2025.
  8. Ishyirwa mu myanya ry’abarimu: Kuva ku itariki ya 15 Kanama 2025, abarimu bose bazaba bamaze gushyirwa mu myanya, buri wese azi ishuri azigishamo.
  9. SDMS n’imyanya ya ba A1: Abayobozi b’amashuri bagomba kongera kohereza ibisabwa muri SDMS ariko ntibateganye imyanya ya A1.Kwisuzuma no kwihugura: Abarimu basabwe gukomeza kwihugura, kugira ngo bazajye babasha guhangana n’impinduka z’uburezi.
  10. Igihe cy’itangira ry’ishuri: Amasomo azajya atangira saa mbili zuzuye (8:00 AM), aho kuba saa 8:45.
  11. Uburyo bwo gufungurira abana burakomeza: Izi mpinduka ntizizahungabanya gahunda yo gufungurira abana ku ishuri — abana bose bazakomeza kurya.

Iyi nama ni intambwe ikomeye mu kuvugurura uburezi, hongerwa ireme, imibereho myiza y’abanyeshuri ndetse n’ubushobozi bw’abarimu.

One thought on “Impinduka nshya mu burezi: Inama yayobowe na Minisitiri W’uburezi yasize hafashwe imyanzuro 15 ikomeye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *