Umwalimu SACCO yasuhije abarimu bimwe mu bibazo bayigaragarije, inatangaza ko ishobora kuguza umunyamuryango kugeza kuri Miliyoni 100 z’amafaranga y’u Rwanda
Umwalimu SACCO ikomeje kugaragaza ubushake bwisumbuye mu gukemura ibibazo n’amakenga by’abarimu, binyuze mu gusubiza neza no mu mucyo ubutumwa n’inyandiko bibayigezaho. Mu gihe hirya no hino abarimu bakomeje kugaragaza ibitekerezo n’ibibazo bijyanye na serivisi, Umwalimu SACCO yagaragaje ko yiteguye kubaba hafi no gukora amavugurura akenewe kugira ngo serivisi zirusheho kuba nziza, zinoze kandi zigezweho….
